Morgan Reuben

Morgan Reuben Contact information, map and directions, contact form, opening hours, services, ratings, photos, videos and announcements from Morgan Reuben, Religious Bookstore, KN 17, Kigali.

25/12/2022

Merry Christmas

Iyi si: mu "ncuti"(entre guillemets) zose umuntu aba yibwira ko afite, ashaka uwo yabwira ikimuri ku mutima akamubura!¶A...
30/07/2022

Iyi si: mu "ncuti"(entre guillemets) zose umuntu aba yibwira ko afite, ashaka uwo yabwira ikimuri ku mutima akamubura!

¶Ashaka uwo yabwira ibyiyumvo bye byimbitse(profonds) atikanga ko nawe azahindukira akabibwira abandi,ashaka incuti igira ibanga kandi ifite umwanya uhagije wo kumutega amatwi,AKABURA N'UMWE!!

¶Umuntu ashaka ibitugu byo kuririraho, AKABURA ubimuha,nyamara yakenera amafaranga akabona umuguriza! Amafaranga aruta abacu?

✓Nyamara yamara gucaho,tukarira tukiboroza!!

Ibi nabyo bikwiriye guhinduka!

Reka ninywere agakawa!!

Powerful :Mu gihe cy'ubuyobozi bwa Omar mwene Al-khatwaab haje abantu batatu bafashe umusore baramubwira bati: "yewe muy...
19/07/2022

Powerful :
Mu gihe cy'ubuyobozi bwa Omar mwene Al-khatwaab haje abantu batatu bafashe umusore baramubwira bati: "yewe muyobozi w'abemera, turagusaba ko waduhorera kuko uyu musore yishe umubyeyi wacu."

Omar aramubaza ati: "kuki wamwishe?"

Wa musore aravuga ati: "njye ndi umushumba w'ingamiya n'ihene.. Imwe mu ngamiya zanjye yarishije ku giti kiri mu murima w'umubyeyi wabo, ayitera ibuye ihita ipfa, nuko nanjye mfata rya buye ndarimutera arapfa."

Omar aramubwira ati: "bityo ndaguhana."

Wa musore aravuga ati: "ndeka, umpe iminsi itatu, kuko data yarapfuye ansigira umutungo njye na murumuna wanjye ukiri muto, numpa igihano cy'urupfu, umutungo uzatakara kandi murumuna wanjye azagira ibibazo nyuma.

Omar aramubaza ati: "ni nde ukwishingiye?"

Wa musore yitegereza mu buranga bw'abantu bari aho, nuko aravuga ngo ni uyu mugabo.

Nuko Omar abaza Abaa Dharri: "ese wemeye kumwishingira?"

Abaa Dharri aravuga ati: "yego yewe muyobozi w'abemera."

Omar abwira Abaa Dharri ati: "mu by'ukuri uyu musore ntumu*i, naramuka ahunze ni wowe uzahanwa mu mwanya we."

Abaa Dharri arabyemera ati: "njye ndamwishingiye yewe muyobozi w'abemera."

Wa musore afata urugendo; umunsi umwe urahita, uwa kabiri urahita, ku munsi wa gatatu, abantu batangira kugirira impungenge Abaa Dharri ko ashobora gufatirwa ibihano..maze bagiye kubona, mbere y'iswala ya maghrib ho gato, wa musore araza n'impumu nyinshi, yishwe n'umunaniro, ahagarara imbere y'umuyobozi w'abemera Omar mwene Al-khatwaab.

Nuko aravuga ati: "wa mutungo namaze kuwugeza mu maboko ya ba marume kugira ngo bawubikire murumuna wanjye, ubu ndi munsi y'amategeko kugira ngo uncire urubanza."

Omar aratangara, aramubaza ati: "Wagaruwe n'iki kandi wari ufite ubushobozi bwo guhunga?"

Wa musore aravuga ati: "Natinye ko abantu bavuga ko kubahiriza isezerano byarangiye mu bantu."

Maze Omar abaza Abaa Dharri ati: "kuki wamwishingiye kandi utamu*i?"

Abaa Dharri aravuga ati: "natinye ko abantu bavuga ko kugira neza byarangiye mu bantu."

Ba bana biciwe se bibakora ahantu, nuko baravuga bati:"twamaze kumubabarira."

Omar arababaza ati: "kubera iki?"

Baravuga bati: "turatinya ko abantu bavuga ko kubabarira byarangiye mu bantu."

Naho njye mbagejejeho iyi nkuru: "ndatinya ko abantu bazavuga ko guhamagarira abandi gukora ibyiza byarangiye mu bantu!

Ikinyarwanda: Nkuba na Gikeli      Nkuba yibereye aho agatura mu ijuru, Gikeli akaba mu nsi. Gikeli yagenda akagenda asi...
09/06/2022

Ikinyarwanda: Nkuba na Gikeli

Nkuba yibereye aho agatura mu ijuru, Gikeli akaba mu nsi. Gikeli yagenda akagenda asimbuka. Nkuba akibera hejuru agakubita hilya no hino.

Umunsi umwe aza gukubita ajya hasi, asanga Gikeli yarubatse, arasakara, afite urugo rukomeye.....

Nkuba abaza Gikeli ati:

¶”Ese Gikeli, ko wubatse utya, wowe usakaza iki, ubwatsi ubukura he ? Ubutemesha iki ? »

Gikeli ati:

¶«Mfite umuhoro wanjye ngomba gusakara inzu yanjye simvirwe.. »

Nkuba ati:

¶« Nanjye rero ndi umukene, untize uwo muhoro wawe nitemere ubwatsi njyane ku ijuru, njye kwisakarira inzu. Umugore n'abana ntibagira aho bicara.»

Cyakora Gikeli abyumva vuba, abaza Nkuba ati:

¶“Ese Nkuba ndaguha umuhoro wanjye nzawushyikirizwe n'iki, ko ureba ntagira amaguru ?.”

Nkuba ati:

« Nzawuzana vuba. »

Gikeli ahereza Nkuba umuhoro, aragenda atema ubwatsi. Ariko ubwo Nkuba yatemaga ubwatsi, Gikeli yaribwiraga ati:

¶ « Ndabizi, Nkuba ni umuntu ugira amahane, kandi ntazongera kugera ino ubwo ashyikiriye umuhoro wanjye.»

✓Gikeli aranyaruka yigira mu kiba cy'ubwatsi🙅.

Nkuba akubita ubwatsi abugeza mu ijuru, abutura ku kibero cy'inzu iwe.

Umugore ati:

¶« Ese noneho ubu bwatsi ubukuye he ? »

Undi ati:

¶« Wa mugore we ceceka. Ibintu mbonye ntibigira uko bisa. Nahuye n'umugabo Gikeli ampereza uyu muhoro, ariko nzarebe aka Gikeli na Nkuba. Ntabwo rwose uyu muhoro nzawumusubiza. Reka njye nitemera ubwatsi, nisakarize inzu, ntabwo Gikeli azagera ino».

Umugore ati:

¶« Uzaba umuhemukiye cyane. » Undi ati:
¶ « Reka da, ntabwo namuhemukira. »

Nkuba akajya aca ubwatsi, arasakara, amererwa neza. Gikeli aranyaruka yitura mu kibero cy'inzu, noneho Nkuba akibwira ngo ntabwo ibyo avuga Gikeli abyumva.

Gikeli yibera ahongaho, iminsi munani basezeranye igeze, Gikeli aranyaruka ajya mu irembo kwa Nkuba. Arakorora.

¶Yemwe abo kwa Nkuba ?

¶Nkuba ati « yee! Nimwumve abo bantu ! » Ati « sinzi umpamagaye. » Gikeli arakorora.

¶ « Erega ni jye Gikeli. Umuhoro wanjye warawutindanye, none nali nje kuwureba.».

¶Undi ati « koko iminsi ibaye miremire. Ariko utahe usubire imuhira, nanone iminsi ni umunani, uwa cyenda, nkakuzanira umuhoro wawe ».

Gikeli yisubirira mu kibero cy'inzu. Nkuba yibera aho. Atarisha ibitoki birashya, barenga. Inzoga imaze gushya, abwira umugaragu we ati

¶« Genda ujye guca ibihunda, uzane n'urutete utekere inzoga tugende, nshyire Gikeli umuhoro we ataziyahura. »

Ubwo Gikeli aramwumva. Umugaragu aragenda azana ibihunda n'urutete araza atekera inzoga. Uko atekera Gikeli yiterera muri rwa rutete. Noneho umugaragu arikorera, Nkuba arakubita, umugaragu na shebuja bitura ku isi.

Umugaragu aragenda atura inzoga mu nzu. Gikeli ava muri rwa rutete ajya ku buriri.

Umugaragu asubira ku irembo asanga shebuja. Shebuja ati:

¶ "Ese wahamagaye ?” Umugaragu ati:
¶” Nahamagaye databuja, ariko nta muntu wanyitabye. »

Ngo agere ku irembo arongera arahamagara ati:

¶ "Yemwe kwa Gikeli ?”
¶ Gikeli ati :” yee! Arakorora. Nta muntu umpamagave ? ” Bati :”'arahamagaye. Ni Nkuba waje kugutarurira umuhoro. »

¶Gikeli abyuka vuba vuba, ati « ni uko, ni uko. Ibitotsi ni umwana w'undi ga ! Nari nsinziriye ». Aherako arabyuka, ajya mu kirambi. Arakorora.

¶« Mbega mwanzaniye inzoga ? » Bati :” twakuzaniye inzoga y'ishimwe kandi twakuzaniye n'umuhoro wawe. »

Banywa inzoga. Barangije bamubwira imisango yayo. Birangiye Nkuba n'umugaragu we bisubirira mu ijuru, Gikeli asigara iwe n'umuhoro we.

Si jye wahera hahera Nkuba na Gikeli.

Menya Bibiliya yawe.: 8/234/022!UMUHAMAGARO W'UBWAMI.1 Abates  2:12kugira ngo mugende uko bikwiriye ab'Imana, ari yo iba...
10/05/2022

Menya Bibiliya yawe.: 8/234/022!
UMUHAMAGARO W'UBWAMI.

1 Abates 2:12
kugira ngo mugende uko bikwiriye ab'Imana, ari yo ibahamagarira kujya mu bwami bwayo n'ubwiza bwayo.

Nkunze kumva abantu benshi bavuga Umuhamagaro, Umuhamagaro, narahamagawe, mfite Umuhamagaro, Umuhamagaro uranyotsa, ashyushye mu muhamagaro n'ibindi nk'ibyo, ariko wakwitegereza ugashakamo ubusobanuro bwerekana ubumana mubyo uwo muvandimwe yita Umuhamagaro ukabibura.

Icyo nahawe n'umwami wacu kumenya n'uko Umuhamagaro w'umuntu wese muri twe ari urugendo rujya mu bwami aribwo bugingo buhoraho.

Nibiki abantu bita Umuhamagaro?
a. Kubwiriza ubutumwa. Ni ishyano kumva ko Umuhamagaro wawe ari ukuvuga ubutumwa kuruta kujya mu bwami. Kuvuga ubutumwa n'ubu*ima umuntu abaho mu rugendo rujya mu bwami. Muri ubu uburyo rero, menya ko niba wumva ufite umutwaro wo kuzana abantu kuri Kristo, ntibivuze ko ariyo ntumbero yawe, intumbero yawe ni ukujya mu bwami. Gukora uko ushoboye ngo ujye mu bwami, murugendo rwawe ubasha no gukangurira abandi kugukurikira, ubasha gusenga no kuririmba bikunganira kujya mu bwami ariko ubwabyo sibyo uhamagarirwa.
b. Gutangira itorero. Abandi bo bumva ko Umuhamagaro ari ugushinga amatorero, ukagira amazina atinyitse, ukabasha kwicarana n'abanyamubiri bakomeye mu Isi. Ibyo ni ukwibeshya cyane. Menya ko wowe ntabushobozi ufite bwo gutangira no kubeshaho itorero, itorero kandi si ziriya nyubako n'impapuro za RGB, ahubwo ni ubu*ima bwa Kristo umuntu afite atanga. Bityo rero kubaho mu miterere ya Kristo niwo muhamagaro kuruta kubaka amazu no kuvuza ibyuma abantu bakaza ngo watangiye itorero.

NB. Nashatse itorero rya Bibiliya muriki gihe ndaribura kuberako amatorero ya none ni ayikenewabo. uti gute? urava I Kigali wajya I Nairobi umushumba wawe akagukurikira ugashaka bene wanyu babanyarwanda akabakoramo ihuriro akabita itorero. Nguko uko dufite amahuriro cyangwa amashyirahamwe ya bene wacu mi bihugu byo ku Isi bakaza bica ibiti n'amabuye ngo bafite amatorero ku Isi nyamara ari udutsiko twa bene wabo. Uko niko dufite amatorero y'abakongoman, abanyarwanda mu mamahanga, abagande n'ibindi nk'ibyo. Niba uri mu matorero ameze gutyo ntabwo uri mu murongo w'ijambo ry'Imana. Bibiliya yerekana itorero ry'itesalonike, ririmo abatesalonike, ntiyerekana itorero ryo muri Kenya rigizwe n'abanyarwanda. Iryo ni ishyirahamwe ry'abantu. Icyakora mushobora kurivugururura, mukabwiriza abanyamahanga, kandi mukarandura ikinyarwanda muri mwe.
c. Kugenda ibihugu. Abandi bumva ko kuba barabaye bamukerarugendo ari Umuhamagaro w'Imana, gusa nshuti ntabwo Imana ihamagarira umuntu kuzerera mu Isi ahubwo iguhamagarira kugira inshingano. Kumenya ko atari Umuhamagaro ni uko bene abo baba barataye imiryango yabo, abana babo batabazi nka ba se, babazi nk'abakozi b'Imana. Nshuti Imana ntawe iha akazi kamutera guta abana n'umugore. Igituma uta umugore akakubura, abana ntibakubone ni Umwuka w'ubuyobe si Umuhamagaro.
d. Gukora ibitangaza. Abandi bavuye hasi bihangishaho guhanura no gukora ibitangaza. Birirwa bavuga amagambo y'amasezerano Imana yasezeranije abisraeli mu bitabo by'amategeko bakirengagiza ko turi mu isezerano rishya bityo bakikururira abantu babiruka inyuma bakihimba amazina akakaye bakakubwira ko ari Umuhamagaro. Ninde wakubeshye? Imbuto zawe zihakana umutima w'ubumana n'ubwami bwayo. Uwo siwo kabisa ikimenyimenyi n'uko intego yawe uyigeraho yo kwirundanyirizaho ubutunzi bw'amahugu.
e. Gufasha abakene. Abandi bo n'ibisambo byeruye. Bashyizeho imishinga yo kwifasha bifashishije abakene, bashakisha ubutunzi mu baterankunga ngo barafasha impfubyi nyamara ntibagire icyo baziha muribyo zigenewe babonye bityo bakagenda biyamamaza ngo bafite Umuhamagaro nyamara barya abadafite shinge narugero. Uwo si Umuhamagaro, n'ubugome.

Nshuti, Umuhamagaro ni Umwe, ni ukujya mu bwami, ni ukwera Imbuto z'ubwami, ni ukwiyanga, ukwikorera umusaraba, si ukwiyubakira izina no kigwiza Isi no kubaka imitabashwa.

Mwami tubabarire twarateshutse, twataye umurongo w'ijambo ryawe, twihimbiye gukiranuka kwacu ubwacu, duteshuka inzira y'ubwami. utwigarurire, uduhe guca bugufi mu izina rya Yesu umw

ami wacu amen.

Menya Bibiliya yawe 8/235/022!
FATA IJAMBO RY'IMANA NKIRY'IMANA.

1 Abates 2:13
Icyo dushimira Imana ubudasiba ni uko ubwo twabahaga ijambo ry'ubutumwa bwiza, ari ryo jambo ry'Imana, mutaryemeye nk'aho ari ijambo ry'abantu, ahubwo mwaryemeye nk'ijambo ry'Imana nk'uko riri koko kandi rigakorera no muri mwe abizera,

Bene data, ibihe turimo biragoye, abantu ntibita ku Ijambo ry'Imana ndetse nta n'umwanya bariha muribo, ibyo byatumye naryo ubwaryo ntacyo ribamarira n'igihe barihindukiriye bayikeneye.

Abatesalonike bakiriye Ijambo ry'Imana nk'ijambo ryayo, ntibaryakira nkiry'abantu. Gufata Ijambo ry'Imana ukaryitirira abantu ni icyaha kimwe no gufata Ijambo ry'Umuntu ukaryitirira Imana Uba urimo gukiranirwa.

Ugereranije Ijambo ry'Imana niry'abantu nirihe rihawe agaciro kurusha irindi?
a. Ijambo ry'umutegetsi ryitabirwa na benshi afite munshingano ze ukurikije itegeko nshinga, naho Ijambo ry'Imana nyiri byose ryitabirwa n'ubishatse.
b. Ijambo ry'abantu rirashakishwa, barishaka bashaka kumenya icyo runaka yavuze, ariko Ijambo ry'Imana ryo ntanumwe ushaka kumenya icyo bivuze.
c. Mu myandikire y'ibitabo bikubiyemo amagambo y'abantu usanga bifashisha amagambo yavuzwe n'abandi bantu aho usanga nta jambo na rimwe ryavuzwe n'Imana reka da..
d. Ibitabo by'imvugo z'abantu bisomwa nibyinshi cyane bigasomwa n'abatunze Bibiliya badasoma ukibaza iherezo ry'amagambo y'abantu kubijyanye n'iherezo ryabo bikakuyobera.

Inama y'Umwanditsi.
I. Iga guha agaciro mbere nambare Ijambo ry'Imana mu mutima wawe kuruta andi magambo yose.
II. Ha umwanya Ijambo ry'Imana muri wowe nibwo Uba uhaye umwanya Imana. Kwima Ijambo ry'Imana umwanya niko kuwima Imana.
III. Iby'abantu bihe agaciro k'abantu we kubigira Imana ngo bishikamire Ijambo ry'Imana muri wowe. Ijambo ry'Imana rimeze nk'itara rishaka kujya ahagaragara.
IV. Ibuka ko Ijambo ry'abantu rigira umumaro muby'abantu nyuma yaho rikarangirana nabo. Ijambo ry'Imana rikora rihereye aho abantu bananiriwe.
v. K***a Ijambo ry'Imana rizagukundisha Imana nayo izagukunda. K***a Ijambo ry'abantu wimure iry'Imana mu mibereho yawe. Amahitamo ni ayawe gusa umenye ko ntawe ukeza abami babiri.

Nshuti nigute ufata Ijambo ry'Imana? uko wiboneye? nturyitaho? gira umwete wo kwiha Ijambo ry'Imana kuruta uko wiha Isi ya none.

Mwami ungarure mu Ijambo ryawe muri iki gihe cyo duhugiye mubyo abantu bavuga tukabura umwanya wo kumva ibyo wowe uvuga mu izina rya Yesu umwami wacu amen.

Le mot Bible vient du mot Grec "biblos"qui signifie "livre"Bible est divisé en deux grandes parties :L'ancien et le nouv...
01/11/2021

Le mot Bible vient du mot Grec "biblos"qui signifie "livre"

Bible est divisé en deux grandes parties :L'ancien et le nouveau Testament.
Elle est composée de 66livres:il y a 39livres dans l'ancien Testament et 27livres dans le nouveau Testament.

Dans toutes la Bible il y a un totalité de 1189 chapitre ,31173 verset,773746 mots et 3566480 letres.

La Bible fut Orgine écrit en Hébreu et en grec , l'ancien Testament fut écrit en Hébreu tandis que le nouveau Testament fut écrit en Grec.

Les 39 livre de l'ancien Testament furent dans l'ancien Temps divisés par les Hébreux en trois parties distincts :

-La loi (de Genèse à Deutéronome),
-les prophètes,(Josué, juges,1;2 Samuel ;1,2rois,.... Malachie)
-Les Écrits (psaumes,... ecclésiastes)

Les 27 livres de la nouveau Testament son naturement divisés en quatre parties :Les Évangiles,...les Épîtres et le livre de l'apocalypses.

La Bible Au début la n'était pas divisée en chapitre et en verset .

Le cardinal Hugo et Stéphan Longton sont les autres de la division de la Bible en chapitre au 13ème siècle.

La division actuel en verset a été réalisé par Robert Stéphens.

(La Bible souvent utilisé dans les Églises Biblique est la version autorisée traduite en 1611 sans l'ordre du Rois Jacques 1ère de l'Angleterre)

_*DIFFERENT TYPES OF CRIMES*_ 👥1. *ABDUCTION* - forcibly taking someone away against their will.2. *ARSON* - setting fir...
20/09/2021

_*DIFFERENT TYPES OF CRIMES*_ 👥

1. *ABDUCTION* - forcibly taking someone away against their will.
2. *ARSON* - setting fire to a building, cars or property on purpose
3. *ASSASSINATION* - killing a famous person or public figure.
4. *ASSAULT* - attacking someone physically.
5. *BIGAMY* - marrying someone when you are already married to another person.
6. *BLACKMAIL* - threatening to reveal someone’s secrets if a lot of money is not paid.
7. *BOMBING* - detonating an explosive device with the plan of harming people or property.
8. *BRIBERY* - giving money or granting favors to influence another person’s decisions or behavior.
9. *BURGLARY* - breaking into a house in order to steal something.
10. *CHILD ABUSE* - treating a child badly in a physical, emotional, or s*xual way.
11. *CORRUPTION* - behaving illegally and dishonestly; especially those in power.
12. *CRIME* - doing something illegal that can be punished by law.
13. *CYBERCRIME* - doing something illegal over the Internet or a computer system.
14. *DOMESTIC VIOLENCE* - behaving violently inside the home.
15. *DRUNK DRIVING* - driving with too much alcohol in your blood.
16. *EMBEZZLEMENT* - stealing large amounts of money that you are responsible for, often over a period of time.
17. *ESPIONAGE* spying, to obtain political or military information.
18. *FORGERY* - illegally copying documents, money, etc. to cheat people.
19. FRAUD - getting money from people by cheating them.
20. *GENOCIDE* - killing on purpose a large number of people, especially from a particular group or area.
21. *HIJACKING* - taking control of a plane, train etc by force, often to meet political demands.
22. *HIT AND RUN* - not stopping to help a person hurt in an accident caused by you.
23. *HOMICIDE* - killing another person unintentionally.
24. *HOOLIGANISM* - being violent or aggressive on purpose; often used to describe youth.
25. *IDENTITY THEFT*- using someone else’s personal information for one’s own gain.
26. *KIDNAPPING* - taking someone away by force, often demanding money for their safe return.
27. *LIBEL* - damaging someone’s reputation by writing lies about them.
28. *LOOTING* - taking things illegally and by force, during a riot, war, etc.
29. *LYNCHING* - killing someone without legal process, often by hanging, often by an angry mob.
30. *MANSLAUGHTER* - killing someone without malice aforethought.
31. *MUGGING* - attacking someone with a plan to rob them.
32. *MURDER* - killing someone on purpose.
33. *PERJURY* - lying in court, while under oath.
34. *PICKPOCKETING* - stealing wallets, money, etc. from people’s pockets in crowded places.
35. *PILFERING* - stealing small quantities of goods over time.
36. *POACHING*- hunting illegally.
37. *R**E* - forcing someone to have s*x.
38. *RIOT* - causing a noisy, violent public disturbance.
39. *ROBBERY* - stealing large amounts of money with force or violence from a bank, store, etc.
40. *SHOPLIFTING* - stealing something from a store.
41. *SLANDER* - damaging someone’s reputation by speaking lies about them.
42. *SMUGGLING* - taking things secretly in or out of a place, country, jail, etc.
43. *SPEEDING* - driving above the speed limit.
44. *TERRORISM* - using violence, threats, or fear, usually for political purposes.
45. *THEFT* - stealing, in general.
46. *TRAFFICKING* - trading something illegal like drugs, people, etc.
47. *TREASON* - betraying one’s country by helping its enemies.
48. *TRESPASSING*- entering another person’s area; hurting people/damaging property through force.
49. *VANDALISM*- destroying private or public property purposely.
50. *VOYEURISM*- secretly watching naked people or s*xual acts & getting s*xually excited.

*TAKE CARE BE SAFE*

Educational Career

This is a very interesting post and I want everyone to benefit.

09/08/2021

Iyo imodoka igeze ahantu hazamuka bitunguye umushoferi harigihe bibaye ngombwa ko isubira inyuma
noneho ikaza yihuta ikahazamuka bitagoranye
Nawe hari igihe uhura nibintu bikaze
Bikagusubiza inyuma gusa bizagusubize inyuma wabibonye neza
Kuburyo uzaba u*i neza ingufu nibyo usabwa ngo ugere aho ushaka
Kandi niba hari ibiguca intege
Komera ibyiza biri imbere

Muze twiyibutseInshuti Nyanshuti -----------------------------Kera habayeho umugabo Ndebe akaba umukungu kandi akagira I...
08/07/2021

Muze twiyibutse

Inshuti Nyanshuti
-----------------------------
Kera habayeho umugabo Ndebe akaba umukungu kandi akagira Inshuti eshatu yitaga iz'amagara. Umunsi umwe yenga inzoga, atumira abe bose na za nshuti ze, baranywa, baranezerwa. Bamaze kwizihirwa, umwe muri bo witwaga Nzamurambaho arahaguruka, ati «ndagukunda, none nguhaye inka.» Abari aho bose bamukurira ubwatsi.
Bukeye wa mugabo ashaka kugerageza za nshuti ze. Yica ihene, ayihambira mu kirago. Bugorobye yikorera ya ntumbi, aragenda no ku nshuti ye Nzamurambaho. Ati «ngize ibyago nishe umuntu; none ndagira ngo umperekeze tujye kumuta mu ru*i cyangwa mu gihuru butaracya, kuko bimenyekanye na njye napfa. »
Nzamurambaho ngo abyumve ariyumvira, ntiyibuka ibyo yavuze, ni ko kumusubiza, ati «umugore wanjye ntahari none rero ntabwo nakwisigira urugo n'abana. Genda urebe undi waguherekeza, jye simbonetse.»
Ndebe arita mu gutwi. Araboneza no kwa
Mudatenguha , amutekerereza ibyamubayeho byose. Mudatenguha agira ubwoba, ahinda umushyitsi, ati « nibadufata, bazatwica twembi nta kubaza kandi jye ndengana. None mugenzi wanjye umugore wanjye ari ku nda, none sinamusiga wenyine, umbabarire.»
Ndebe akomeza urugendo, no kwa Mutunamuka, atizeraga nk' uko yizeraga ba bandi bombi; babaniraga ko yamutumaga ntiyange.
Amaze kumutekerereza ibyamugwiririye, undi abyumva vuba, aramusubiza ati «hogi tugende, sinsubira no mu nzu, umugore atambaza ibyo ari byo.
Bashyira nzira baragenda, bikoreye ya ntumbi. Bageze mu ishyamba ry'inzitane, Mutunamuka ati « reka tumujugunye aha, nta muntu uzamubona; nanamubona ntazamenya uwamwishe.» Undi ati komeza gato. «Bigira imbere, baratura, Ndebe atekerereza Mutunamuka ukuri kose. Amwereka ya ntumbi, undi asanga koko ari ihene.
Aho bahindukiriye banezerewe, Ndebe akoranya bene wabo, maze ababwira ukuntu yagerageje inshuti ze, agasanga inshuti nyanshuti ari Mutunamuka. Amugororera inka, baribanira. Atandukana na ba bandi bamukundaga urumamo.

KORA SHARE USANGIZE ABANDI

30/05/2021

Umugore n'umugabo batembereye muri parike babona inkende y'ingabo n'ingore yayo ziri gukina bigaragara ko zikundanye cyane. Umugore abwira umugabo ati mbega urukundo ruryoshye !!! Barakomeza baragenda bahura n'intare y'ingabo n'ingore yayo, intare y'ingabo yibereye hirya icecetse, bigaragara ko ititaye ku ngore yayo. Umugore abwira umugabo ati: mbega ibintu bibishye !!! Intare nta rukundo zigira. Umugabo aramubwira ati ngaho tera ibuye iriya ntare y'ingore, umugore arabikora, babona ya ntare y'ingabo isimbutse itontoma cyane ije gutabara ingore yayo. Umugabo aramubwira ati ngaho tera ibuye hariya ku nkende y'ingore, arabikora, inkende y'ingabo iriruka ikiza amagara yayo isiga ya ngore aho. Maze umugabo abwira umugore ati ntugashukwe n' indyarya zigaragaza urukundo inyuma kandi mu mutima rutarimo, hari abandi batirirwa babyerekana kandi bafite urukundo rwuzuye ubwitange n'ubunyangamugayo. Muri iyi minsi inkende zabaye nyinshi intare ziba nkeya !!!!

26/05/2021

Ariko mu Bisirayeli nta n'umwe imbwa izamokera, mu bantu cyangwa mu matungo, kugira ngo mumenye uko Uwiteka yatandukanije Abanyegiputa n'Abisirayeli.'
(Kuva 11:7)

Address

KN 17
Kigali

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Morgan Reuben posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Morgan Reuben:

Share