Ijambo Ryahindura Ubuzima

Ijambo Ryahindura Ubuzima Amagambo Yahindura ubu*ima bwawe kuva uyu munsi!

RIHANNAAzwiho kandi uruhare mu bikorwa by’ubutabazi, imishinga yo kwihangira imirimo ndetse n’inganda zerekana imideli. ...
29/07/2024

RIHANNA
Azwiho kandi uruhare mu bikorwa by’ubutabazi, imishinga yo kwihangira imirimo ndetse n’inganda zerekana imideli. Ni we washinze
Clara Lionel Foundation, umuryango udaharanira inyungu wibanda ku kuzamura imiryango ikennye ku isi, na Fenty Beauty, ikirango
cyo kwisiga cyeguriwe abakiriya b'ingeri zitandukanye.
Mu mwaka wa 2018, Guverinoma ya Barbados yamugize Ambasaderi ufite inshingano zo guteza imbere uburezi, ubukerarugendo
n'ishoramari. Forbes ivuga ko Rihanna afite umutungo ufite agaciro ka miliyoni 600 z'amadolari.
Menya amagambo 15 yavuzwe na Rihanna;
1. “Ni byiza gusubiza amaso inyuma mu bu*ima bwawe ukabona ibintu nk'amasomo, kandi ntukicuze.”
2. "Birakomeye kuba umunyantege nke kuruta gukomera."
3. “Ntushobora na rimwe kuba mwiza bihagije kuri buri wese, ariko uzahora uri mwiza ku muntu umwe.”
4. “Reka ibintu bigutera kwiyumva nk’uwapfuye, ubu*ima ni bwiza ”
5. "Kuberako ejo nzakomeza kuba uwo ndi we, ndacyakora ibyo nshaka gukora.”
6. “Niba ndira, ni ukubera ko ndakaye cyane kandi sinshobora kugira icyo mbikoraho kuko nahungiye mu rupfu. Nicyo gihe amarira
yatembeye. ”
7. “Ntugabanye amahame yawe ku bintu byose cyangwa umuntu uwo ari we wese.”
8. “Ntukihishe uwo uri we.”
9. “Ntekereza ko abantu benshi batinya kwishima kubera ibyo abandi bashobora gutekereza.”
10. “Ni ngombwa kuri njye kumenya uwo ndiwe. Nta kuntu abantu bamenya.”
11. “Shakisha urumuri mu nyanja nziza. Nahisemo kwishima.”
12. “Ntekereza ko abagore bashaka umudendezo. Bashaka guhabwa imbaraga. Bashaka ibyiringiro. Bashaka urukundo; bashaka
ibintu byose nshaka, kandi sinatinya kuvuga ibyo bintu no kubishyira mu bikorwa, kandi ndatekereza ko ari yo mpamvu bamenyana
nanjye. ”
13. “Abantu bazavuga niba ukora ibyiza cyangwa bibi.”
14. “Nshyigikiye ibyo nizera, kandi umwanya munini ushobora kunyuranya n'ibitekerezo by'abantu.”
15. “Komeza guhanga amaso ku murongo wa nyuma, ntukarebe imvururu zigukikije.”

INAMA Y'UMUNSI Iyi n'ifoto yo mu 1945 ubwo hari mu ntambara ya 2 y'isi yose. Umwana w'umuyapani yari ahagaza ku murongo ...
14/05/2022

INAMA Y'UMUNSI
Iyi n'ifoto yo mu 1945 ubwo hari mu ntambara ya 2 y'isi yose. Umwana w'umuyapani yari ahagaza ku murongo w'imbere aho barimo batunganya imirambo ngo itwikwe nawe ategereje kugerwaho ngo hatunganwe karumuna ke kari kapfuye.
Joe O'Donnell, umunyamerika wafashe iyi foto yagize ati, "Umwana yari yikomeje yirumye iminwa arwana no kwirinda kurira ku buryo amaraso yari yatangiye gushoka ku mpande z'iminwa."
Ubwo umurinzi yamubwiraga ngo wampa uwo mu*igo ufite ku mugongo, umwana yaramusubije ngo "Uyu s'umu*igo, ni umuvandimwe wanjye💔."
Kugeza nanubu, mu Buyapani iyi foto ikoreshwa nk'ikimenyetso cyo gukomera.
None wowe ukuyemo irihe some??
Mugire weekend nziza.

SHISHOZA!! Kera Hi**er yakoresheje Inama  arangije asaba ko bamuzanira Inkoko  nzima. Barayizanye, ayifata amaguru atang...
26/01/2022

SHISHOZA!!
Kera Hi**er yakoresheje Inama arangije asaba ko bamuzanira Inkoko nzima. Barayizanye, ayifata amaguru atangira kuyipfura amababa n'ubwoya ikiri nzima. Inkoko yarababaraga, igerageza kumwiyaka ariko biranga kuko yari yayifashe arayikomeza. Arayipfura yose arayirangiza itaka cyane, maze arangije ayiterera hasi muri salle barimo inkoko ikomeza gurasaragurika kubera ububabare. Abantu bose bibaza igitumye akora ibyo birabayobera. Arangije afata ingano arayiretera itangira ku*itoragura, akomeza agenda azita hasi inkoko ikomeza kumugenda inyuma itoragura izo ntete. Arangije arababwira " Ati "kubera izi ntete z'ingano, iyi nkoko yirengagije ikibi nayikoreye, yirengagije ko nayambuye ibintu by'agaciro yari itunze iri kunyiruka inyuma ".
ISOMO
Duhora twiruka inyuma yabo dukunda, kandi badasiba kutubabaza, bahora badukinga ibikarito ku maso, ibipindi byabo bigatuma tubagumaho tukirengagiza ko batubaje, kubera utuvungukira bagenda batujugunyira twanga kubava inyuma nubwo baba batwambuye ibyenda kungana n'ubu*ima.
Niba amababa n'ubwoya barabipfuye tukanga kumva, amaherezo bazadukuramo n'amaso, baduce ururimi cg bakuremo Umutima
Akiziritse ku mupanga iyo ukatawuciye, umupanga uragaca.
Mukomeze kugira impera ibehe byiza.
like page na share bigere no kubandi

26/01/2022

SHISHOZA!!
Kera Hi**er yakoresheje Inama arangije asaba ko bamuzanira Inkoko nzima. Barayizanye, ayifata amaguru atangira kuyipfura amababa n'ubwoya ikiri nzima. Inkoko yarababaraga, igerageza kumwiyaka ariko biranga kuko yari yayifashe arayikomeza. Arayipfura yose arayirangiza itaka cyane, maze arangije ayiterera hasi muri salle barimo inkoko ikomeza gurasaragurika kubera ububabare. Abantu bose bibaza igitumye akora ibyo birabayobera. Arangije afata ingano arayiretera itangira ku*itoragura, akomeza agenda azita hasi inkoko ikomeza kumugenda inyuma itoragura izo ntete. Arangije arababwira " Ati "kubera izi ntete z'ingano, iyi nkoko yirengagije ikibi nayikoreye, yirengagije ko nayambuye ibintu by'agaciro yari itunze iri kunyiruka inyuma ".
ISOMO
Duhora twiruka inyuma yabo dukunda, kandi badasiba kutubabaza, bahora badukinga ibikarito ku maso, ibipindi byabo bigatuma tubagumaho tukirengagiza ko batubaje, kubera utuvungukira bagenda batujugunyira twanga kubava inyuma nubwo baba batwambuye ibyenda kungana n'ubu*ima.
Niba amababa n'ubwoya barabipfuye tukanga kumva, amaherezo bazadukuramo n'amaso, baduce ururimi cg bakuremo Umutima
Akiziritse ku mupanga iyo ukatawuciye, umupanga uragaca.
Mukomeze kugira impera ibehe byiza.

like page na share bigere no kubandi

28/06/2021

1. Ukaba uri umukobwa mwiza wakuze
wifitiye
ikizere, ugateretwa n'abasore b'ingeri
zose
ukubona abarenga 100 usibye umwe
wihebeye,
ugahora wibaza icyo wakora ngo
wigarurire
umutima we, ubwo abagushakaga ni ko
bagenda bavamo umwe umwe.
Ejo ukabona wa musore ararongoye
ukabona
gukanguka, ugategereza mubazaga ko
hari
uwagaruka amaso agahera iy'ibicu.
Wakubita
agatima ku myaka umutwe ugashyuha.
"aho
ni ho umushiha uvukira"
2. Ukaba uri umusore muto wakuranye
inzozi
zo kuzatunga ibyiza byose, ugakora
amanywa
utaretse amajoro ngo uzabe uri
umuherwe mu
bandi, ariko ugasa nuvomera mu
kayunguruuzo.
Kera kabaye ingata ikagwa, ku myaka 45
imali
ikagusekera wari warahebye
waranabivuyemo.
Maze kubw'imirire mibi yagushegeshe,
wakwikoza agafiriti mu nda hakakurya,
wareba
ku nyama ugafuruta, wanywa agasukari
ukazungera, ukikoza kwa muganga ati
diabete
ni full, goûte rugeretse n'umuvuduko
w'amaraso hafi aho, muganga ntagira
isoni
ati niba ushaka kuramuka ibagirwe
amavuta,
ureke inyama utinye isukari, ugendere
kure
amata n'amagi.
Akaguha urutonde rudashamaje, Akaguha urutonde rudashamaje, ngibyo
ibikoro, imbwija, ibitoki byokeje maze
ikirungi
kikaba intagarasoryo. Mu biryoshye
byose
icyo muganga yibagiwe kukubuza ni
akabariro. "Ngaho aho biva abasaza
bakize
gukunda utwangavu ngo ntibabaho
bataryoherwa"
3.umusore muto umaze imya 4 urangije
kaminuza n'urabona n'akubuyede maçon,
ejo
ukumva ngo hari company cg tv ishaka
abakozi, ukihurira na manager ati shaka
ibihumbi 500, uze wizeye akazi.
Ubwo ufite ibitarenze 200, uti
wanyemereye
nkaguha ayo mfite andi mukazayakura
kuyo
muzampemba, undi ati nsohokera mu
biro
niba udashaka akazi hari abagashaka.
Ugaca hirya no hino ukaguza incuti
n'abanzi,
ukaza ukagura akazi. Ukagatumika
icyumweru
kimwe icya kabiri kitaruzura ikigo kikaba
gikinze imiryango gihombye, ugataha
udahembwe n'ayukwa mbere" ngaha aho
abasore babura burundu"
4. Uri umusore muto wabyirukanye n'
inkumi
nziza muri quartier bose bazi n'ababyeyi
banyu mwese bariyakiriye. Icyo acyeneye
ukakimenya n'amashuri ari wowe uyariha
uvuga uti atinze kuyasoza tugafata ku
idrapeau no kuri bibiliya.
Ama annive mwarafese, ubutembere
mwari
kumwe, maze ku munsi wo gusoza
amasomo
muri ya kanzu nk'iyabacamanza
nyamukobwa
akagukatira urugukwiye na invitation
igutumira. " niho hava abasore kwimukira
kuri
comptoire"
5. Ukaba uri umugore mwiza abagabo
bose
batangarira, bagukundira uburanga
bakagushima ikimero bakakubahira
urugwiro,
ariko uwo wihitiyemo akakubangikanya
n'ibidahuye.
Ngaho ngo wikojeje mu rugo hari cyo
wibagiwe, ugasanga umutuzo udasanzwe
ukibaza niba haba abantu, ugahamagara
reka
da ukinjira muri salon ukisanga
ugakomeza
ugana iy uburyamo, ugakubitwa n'inkuba
usanze papa w'abawe n'ubatekera bihaye
ikibuga bakina bakanisifurira. "Ngaha
aho
biva abamama beza b'amarira adashira"
6. Umugabo w'intakemwa wabyirutse
yitonda,
arubatse arubashywe afite umuhungu
n'umukobwa mbese umuryango
urishimye.
Kera kazabe umugabo agiye kwa
muganga
atarwaye ngo yikorere checking,
muganga
amukojeje mu byuma ati ufite amaraso
macye
kandi n'intanga ntizikomeye ariko hari
umuti
wagufasha kubyara. Uti muganga ariko
mfite
abana. Muganga ati ariko ibipimo
biranyereka
ko udashobora kubyara. Ubwo abo bana
ni
abande? " ni aho hava abagabo bagenda
bivugisha"
INSINZI Y' UTU DUTENDO NI UGUCA
AMAZI
UBUZIMA UKIGIRA NK' UDAHARI,
UKISHIMA
Nujya ubona ibibazo bigukomereye ujye umenyako atariwowe wenyine ubifite u*irikane ko heri beshi Bakurusha Kubabara Ndetse baba bifuza kugera ku rwego nkurwo wowe uriho(ushobora kurira wapfushishe inka undi nawe arikurizwa numushwi wi nkoko ye wapfuye jyumenya rero ko harababaye kukurusha bifuza kugera ku rwego uriho)
Kandi jyuhakura isomo ryo kwihangana no gukomera wizigamire nukundi kwihangana u*itabaza imbere kuko uretse nibyo haribindi bizakubabaza kuko turi mwisi idasakaye ntanarimwe ibibi kuri iyi isi bizavaho ariko Kandi ntamvura igwa ntihite✍️ kanda like kuri page yacu *ima

13/05/2021

UHUBUKA WIHUSE UKABABARA WITONZE😴😴✊✊

Umugabo yoherereje umugore we Message aramubwira ati : " Mbabarira mugore wanjye si ndi bushobore kuza kugufata ku kazi , ndi kwa muganga Mama ararwaye , afite ikibazo cy'amaraso ndi gushaka uko yakongererwa " . Umugore aramusubiza ati : " Mbese ubu warebye usanga Mama wawe ariwe ufite agaciro kundusha ? Ubu ntege Taxi ngo ni uko Mama wawe arwaye ? Wamuretse se ukaza ukamfata , ubundi uraguma aho wowe uri umuganga ? Imodoka ni iyanjye , ariko uri kuntesha umutwe kubera Mama wawe , imodoka yanjye wumvise ko ari iy'abarwayi ? Iyo uza gukenera gufasha Mama wawe ntiwari kugura iyawe ? " Yohereza message , ataranasubizwa aba ahamagaye umugabo akomeza kumutuka , umugabo aramubaza ati : " Ndeke Mama nze nkufate ? Umugore amusubiza yarakaye cyane : ngwino nyine , ubundi se numureka arapfa ? Ntiwavuze ko ari kwa muganga ? Ntihari abaganga se ? Ubwo se urabona njya mu munsi mukuru gute njyenyine nk'aho nta mugabo mfite ? Umugabo yahise akupa phone , ajya gufata umugore we , yarakaye cyane yinjira mu modoka atavuga bajya mu munsi mukuru , umunsi mukuru waratangiye umugore akomeza kwishimisha , ntiyashakaga kuvugana n'umugabo we , umugabo yari yicecekeye afite ibitekerezo byinshi , buri kanya yarebaga kuri phone ye , muri iyo minota yose umugore ntiyigeze amubaza uko Mama we ameze ! Umunsi mukuru wararangiye binjira mu modoka barataha , bararyamye bageza mu gitondo umugore ataramubaza uko Mama we ameze , mu gitondo bose baritegura ngo bajye ku kazi , bari gusohoka umugabo abaza umugore : nkujyane ku kazi cg urabanza ujye kureba Mama wawe ? Ejo yari ameze nabi sinzi ko yabonye abamwongerera amaraso " , umugore we arikanga aramubaza ati : " Mama wanjye ? Ninde wakubwiye ko Mama wanjye arwaye , ejo sinavuganye nawe ari mu*ima ? Umugabo ari kumwenyura aramubwira ati : " Ejo sinakubwiye ko Mama arwaye knd ameze nabi ari kwa muganga ? Umugore ati : warabimbwiye , ariko ntiwambwiye ko ari Mama wanjye ! Umugabo yitonze aramubwira ati : " Mugore wanjye turi umubiri umwe , nkubwira ngo Mama nabonye atari ngombwa kuvuga ngo ni Mama wanjye cg ni Mama wawe , kubera ko uko mbizi ni uko Mama wawe ari Mama wanjye , na Mama wanjye ari Mama wawe " ! Umugore ari kurira ati : " nonese kuki wamusize wenyine ? Kuki wandetse nkishima knd mama wanjye ameze nabi ? Ubundi se yabaye ( yarwaye) iki ? Umugabo ati : " Mugore wanjye ejo mama yakoze accident atakaza amaraso menshi , kwa muganga amaraso yari yabashiranye nari ndi guhangayika nshaka abayamutangira , mu gihe wambwiraga ngo nimureke nahise mvayo , ubu sinzi uko ameze " Umugore n'amarira menshi yinjira mu modoka yihuta asaba umugabo we ko yamutwara vuba , umugabo yigendera gahoro abanza guca ku kazi kabo ngo asinye , umugore n'umujinya mwinshi ati ubu se urabona tutari gutinda , reka nitware uransangayo , ariko kubera ko yasaga nk'uwachanganyikiwe kwatsa imodoka byaramunaniye biba ngombwa ko arindira umugabo we , inzira yose umugore yari ari kurira , umugabo yicecekeye , bageze kwa muganga ahasanga abavandimwe be bari hanze ababaza uko Mama we ameze , baramubwira ngo niyinjire ajye kumureba , yinjiye afite ubwoba ariko asanga Mama we ameze neza nta kibazo , aramusuhuza amusaba imbabazi ko yatinze kuza kumureba kuko ntabyo yari azi , Mama we biramutangaza aramubaza ati : " ntabyo wari u*i knd umugabo wawe ejo yari ari hano ? Umugabo w'abandi yari yahangayitse cyane , mwana wanjye shimira Imana wabonye umugabo mwiza ! Iyo ataza kuba umugabo wawe nari gupfa , kuko amaraso yari yanshiranye ! Umugore yabuze icyo asubiza ntiyari azi disi ko umugabo yavuye kwa muganga ari uko abanje kumenya neza ko amaraso yabonetse ! Umugabo abwira Nyirabukwe ati : Mama ejo sinamubwiye , yumvaga atameze neza , nanga kumwongerera ibibazo , mu gitondo nibwo nabimubwiye mbona ameze neza ! Nyirabukwe ati : warakoze cyane mwana wanjye , ejo nari meze nabi cyane ariko ubu ndumva nakize ! Umugore yahise ahaguruka , ari kurira ahobera umugabo we , aramubwira ati mbabarira mugabo wanjye , ubu nibwo namenya icyo urugo ruvuga , umugabo ahobera umugore we aramubwira ati : ntugire ikibazo ndagukunda mugore wanjye , nashakaga umenye ko umutungo siwo wo kwitaho cyane , ndabizi ko undusha umushahara , ariko frw arashakwa ariko ntarusha agaciro ubumuntu ! Urukundo ruhindura uwari mubi akaba mwiza.

Like na share!
*ima.

01/05/2021

Waru*iko✏

°DORE UTUNTU TW'UBWENGE°

1. Isi yitwa umubumbe w'ubururu, kubera ko amazi ariyo menshi kuruta ubutaka ibi bituma iyo uri mwisanzure ubona isi ari ubururu.

2. Ibijumba by'umweru byahinzwe bwambere n'abahinde bo muri america y'amajyepfo mu misozi ya Andes.

3. Inzovu ikoresha umutinzi wayo igacukura hasi mubutaka ishaka amazi ibi bituma inywa litiro 210 z'amazi kuminsi.

4. Ufashe imyobo million 100 ukayuzuzamo amazi warangiza ugafata umwobo umwe ukawushyiramo igitonyanga cyamarasho shark yahita imenya umwobo urimo amaraso.

5. Umuntu ahumbya inshuro 25 mu munota umwe gusa.

6. Mu buyapani hari inkweto zagenewe kujyanwa muri toilet gusa.

7. Umusozi wa kilimanjaro muri Tanzania niwo wonyine ihoraro urubura iteka ryose mumisozi yo mur' afurica y'uburasirazuba.

8. Muri Australia abagabo bo mu bwoko bwaba walibri iyo basuhuzanya bakoresha ibice byibanga byabo mugihe twe dukoresha ibiganza.

9. Million 200 zabantu kumunsi bakora imibonano mpuzabitsina.

10. Umuntu ashobora kurota inshuro 1460 ku mwaka kandi arota inzozi zitandukanye.

Ntiwibagirwe LIKE kuri Page na Share.
*ima

27/04/2021

UTUNTU TWUBWENGE
-------------------------------
1. Inzoka yitwa Taipan niyo nzoka igira ubumara bwinshi cyane ku isi ikubye inshuro 50 cobra

2. Intare ntishobora gutontoma itarageza kumyaka ibiri.

3. Ikinyugunyugu kibona amabara atatu yonyine , umutuku, icyatsi n'umuhondo.

4. Ifi zo mu bwoko bwa dolphin zoga ibirometero 40 ku isaha.

5. Umwami falawo pepi II niwe mwami wategetse igihe kirekire imyaka 94 yimye ingoma afite imyaka 6.

6. Akaguru kose kagizwe n'amagufwa 31.

7. Mu mubiri w'umuntu buri saha utunyangingo turenga miliyari 1 turasimburwa.

8. Iyo umuntu ari mwisanzure ntashobora kurira, dore impamvu mwisanzure nta rukuru*i(gravitation force) ibayo niyo mpamvu amarira adashobora kuva mujisho ngo asohoke.

9. Acid iba mugifu ifite ubushobozi bwo gusya cg kuyengesha urwembe.

10. Imutima w'umuntu utera inshuro zirenga 100,000 kumunsi.

Nakahe kagutunguye?

Like na share bigere kubandi

26/03/2021

DORE UKO ISI ITUBANIYE✨✨💫💫✊✊

☑️⏲️Iyo umukinnyi bamupashe umupira
yararimbere y'izamu agahusha igitego cyari cyabazwe, Abafana bamuvugiriza induru😜🤭, bakamusabira kuva mu kibuga. Ariko iyo abonye ubundi buryo (an other opportunity) agatsinda abafana bati "nuwo nuwoo, turamwemera cyane!!👏👍" .
Ibi bivuze iki?:
⬇️⬇️⬇️⬇️⬇️⬇️
🤦😢😭🙆Nugira igihombo, uri mubibazo, umerewe
nabi mbese uri mu kaga. Bazagira bati 📢"nubundi yari fake ,nta bitekerezo yagiraga, n'ubundi yatinze kuba imbwa,...."
-
👍👉Ariko nutsinda,Imana ikakuremera, ugatunga ugatunganirwa, mbese ukagafata(ya mvugo y'ububu). Bazagira 📢 "bati n'ubundi yari umugabo n'ubundi, kuva mu bwana yari umunyabwenge, ni serious, azi icyo
gukora, ni mwiza, azi kubana na bose, agira
ibitekerezo,....."
😋
👌😜Abantu ni abafana. Iyo ukize baraza, umugani wa wa muhanzi.
💪Nutsinda ikizamini cy'ubu bu*ima bazaza bagusanga ariko nibigucanga
u*isanga wenyine!!
➡️👉Jya wimenyereza gukunda Imana, uyibwire ibyawe kuko yo kugera ku munota wanyuma w'ubu*ima bwawe muzaba mu kiri kumwe. Mu bibi n'ibyiza izakuba hafi, nkuko coach atumva amabwire y'abafana ngo akure mu kibuga umukinnyi utari gutanga umusaruro ni nako Imana itagukuraho amaboko naho bene Adamu baba batagucira akarurutega.Ndabemera sana knd cyaneeee

Kanda share na like twikomereze
*ima

13/03/2021

DORE UTUNTU TWUBWENGE👍👍👍👍👍👍
1. Nkuko bisanzwe ubona ubwato mumazi arko
bikaba ibyago uramutse ubonye amazi mubwato
( uzabe kw'isi arko ntuzatume isi ikubamo kuko
uzarohama )
2. Ntukababare kubera ikintu wahombye kndi
utacyekaga ko wagihomba, harigihe IMANA yaguha
ikintu utigeze ucyekako wagitunga.
3. Niba utazi aho umugisha wawe uri ntukagire
ikibazo... kuko umugisha wawe u*i aho wowe
uri...nuramuka utawugezeho... wo uzakugeraho.
4. Ntukababare kubera inema IMANA yahaye
mugenzi wawe wowe ikayikwima.....kuko utazi niki
IMANA yamwimye wowe ikacyiguha..
5. Umwe mubanyabwenge yaravuze ati" najyaga
ndira kuko najyendaga nibirenge ntankweto
nagiraga...arko naje guceceka ubwo nabonaga
umuntu udafite amaguru" (igihe cyose ujye ushimira
IMANA
6. Niba ushaka kugera kucyo utari waragezeho...TU
ZA, UZIGAME, WIHE INTEGO EJO NIWOWE
7.ABANTU Ntushobora kunyura bose, ntushobora
gushimisha buri wese kndi ntushobora gukundwa na
buri wese kuko utameze nkaburi wese. Gira ishema
ryuwo uriwe kndi uharanire kujya imbere, abaguca
intege bagutere imbaraga zo gukora cyane
wumveko babiterwa n'ubushobozi bakubonamo kndi
iteka wite kumutimanama wawe ukore ibyo wumva
wemeranya nawo UGENDEYE KUBYO UWITEKA
AGUSABA kuko abantu bo ntiwabashobora!
8.Nuceceka u*itwa umugome,nuvuga bakwite
bavugamenshi,nugira abantu inama bakwite
bamenya abandi bavuge ko wigira mwiza,nubona
amafaranga ukagurira abantu ibyo kurya n'ibyo
kunywa bavuge ko washakaga kubirataho,nuta
bagurira nabwo bakwite igisambo,nubaha umwanya
munini wo kubaganiriza bazakwita inkorabusa,
nuramuka ubuze nabwo bavugeko wabiciyeho
ntukibikoza... imenye kndi ukore ibyo wemeranya
n'umutimanama wawe wirinde guhemuka ibindi
nibigutesha umutwe!
Ese wowe ubibona ute?
Like, share kugirango nabandi bibagereho uraba ukoze cyane.
Page ni *ima

07/03/2021

IBINTU UKWIYE KWIRINDA
👉👉👉👉👉👉👉👉👉
1 U*irinde Kwereka Umuntu Ko Umukeneye Cyane

2 U*irinde Kwereka Umuntu Ko U*i Byose Ahubwo Ujye Umwereka Ko Ntacyo U*i

3 U*irinde Gusekera Uwariwe Wese Kuko Harimo Abantu Badaha Agaciro Inseko Z'abantu.

4 Utazemera Umuntu Ko Akugira Igikoresho cye Nubwo Yaba Akwishyura Ibyamirenge

5 Uzagire Kwihangana Kandi Umenye Uko Wabana N'umuntu Bitewe Nuko umeze.

6 U*irinde Kuvuga Ibyubonye Byose Nubwo Waba Ubizi neza

7 Ntukihuruze Mubitakureba Kandi Ujye Uvuga Make

8 Ntuzereke Umuntu Ko Uri umuhanga Cg U*i byose Kandi Ujye Umusubiza Ibyakubajije Gusa

9 Ujye Wihanganira Byose Kandi Ntugahubukire Gufata Umwanzuro

10 Ujye Wibaza Kandi ujye Utekereza Uwo uriwe Kandi Usenge Cyane Imana izagufasha
Tubwire uko ubibonye
Kora like, share nabandi kabagereho.
*ima

Address

Kigali

Telephone

+250788644687

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Ijambo Ryahindura Ubuzima posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Share

Category