21/02/2025
Abashinzwe umutekano w’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, w’imyaka 88 umaze iminsi arwariye mu bitaro bya Agostino Gemelli Polyclinic by’i Roma, batangiye gutegura imihango yo kumushyingura, kuko bagaragaza ko gukira bigoye.
Ikinyamakuru Blick cyo mu Busuwisi ku wa 20 Gashyantare 2025, cyanditse ko abashinzwe umutekano wa Papa bashyizwe muri gahunda yihariye yo gutegura umuhango wo kumushyingura.
Amakuru avuga ko iyi gahunda yashyizweho nyuma y’uko Papa abwiye abamuri hafi ko abona gukira kwe kugoranye, bityo bakaba bagomba gutegura umuhango yo kumuherekeza.